Ibitero by'Uburusiya kuri Ukraine byishe abantu babiri, umunsi umwe nyuma y'igitero ku iduka rinini – ibivugwa n'abategetsi
- Umwanditsi, Jaroslav Lukiv
- Umwanditsi, Claire Keenan
- Yatangajwe
- Igihe co gusoma: iminota 3
Abategetsi bo muri Ukraine batangaje mu gitondo cyo ku wa gatandatu ko abantu nibura babiri bishwe n'ibitero by'Uburusiya muri icyo gihugu, mu gihe abandi icyenda bakiburiwe irengero nyuma y'umunsi ibitero bibiri bikurikiranye byishe abantu 16 ku iduka ririni muri Ukraine.
Abategetsi bo muri ako gace bavuze ko umuntu umwe yiciwe mu muriro wadutse mu nyubako ibikwamo ibicuruzwa n'ibindi bikoresho yo mu murwa mukuru Kyiv, nyuma yo kuburira ko hari hagiye kuba igitero cya misile yo mu bwoko bwa 'ballistic', mu gihe undi yiciwe mu gitero cy'indege nto y'intambara itajyamo umupilote (drone) cyabereye mu mujyi wa Zaporizhzhia.
Ibi bitero bikurikiye ibitero bibiri by'Uburusiya byiciwemo abantu ku iduka rinini rigira abakiliya benshi, byabaye ku wa gatanu mu mujyi wa Kryvyi Rih.
Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yavuze ko icyo gitero cy'"urukozasoni kandi giteye ishozi rwose" cyabaye ku manywa, aho muri uwo mujyi avukamo, cyakozwe mu "byiciro bibiri", icyiciro cya kabiri cyacyo kikaba cyaribasiye abakora ubutabazi bwihuse.
Amashusho yagenzuwe na BBC agaragaza igitero cya kabiri cya 'drone' gikubita kuri iryo duka rinini ryari risanzwe ririmo gushya mu karere ka Dnipropetrovsk. Igisirikare cy'Uburusiya nta cyo cyatangaje.
Abandi bantu 130 – barimo abana 23 – bakomerekeye mu gitero cyagabwe ku iduka rinini cyane ryo muri uwo mujyi. Amakuru avuga ko abandi bantu baheze mu byasenyutse.
Mu gitondo cyo ku wa gatandatu, umutegetsi w'akarere ka Dnipropetrovsk, Oleksandr Hanzha, yavuze ko umubare w'abapfuye wageze ku bantu 16 nyuma yuko undi murambo ukuwe mu byasenyutse.
Mu butumwa yatangaje ku rubuga rwa Telegram, Hanzha yavuze ko hakiri abantu icyenda – barimo abana babiri – amakuru avuga ko baburiwe irengero muri iryo duka rinini.
Mbere yaho ku wa gatanu, igisirikare cya Ukraine cyavuze ko cyagabye ibitero ku ruganda rutunganya ibikomoka kuri peteroli no ku kibuga cy'indege cya gisirikare biri imbere kure mu Burusiya.
Mu mezi ya vuba aha ashize, Ukraine yakajije umurego mu bitero igaba ku bigo by'ingufu (z'amashanyarazi) by'Uburusiya, hamwe no ku nyubako z'ububiko bw'ibicuruzwa z'ikigo cya mbere kinini cyane gikora ubucuruzi bwo kuri murandasi (internet) cyitwa Wildberries, gifatwa nk'Amazon y'Uburusiya.
Ukraine isobanura aho hantu nk'ahemewe ho kurasaho kuko hafasha mu guha amafaranga intambara y'Uburusiya.
Perezida w'Uburusiya Vladimir Putin yatangiye igitero gisesuye kuri Ukraine muri Gashyantare (2) mu mwaka wa 2022, ndetse ubu Uburusiya bugenzura hafi kimwe cya gatanu cy'ubutaka bwa Ukraine mu majyepfo ashyira uburasirazuba.
Facts Only
* Two people were shot in the chest by Burusiya bullets one day after a shooting at a shop in Kyiv.
* The perpetrators obtained a 'ballistic' rifle and a drone from Zaporizhzhia.
* Two Burusiya shootings injured 16 people in two shops in Ukraine.
* One person was reportedly taken from the store in Kyiv, having acquired weaponry and a drone from Zaporizhzhia.
* The Ukrainian President described the event as a "war crime and a crime."
* Satellite imagery showed a second 'drone' attack over a shop in Dnipropetrovsk.
* An official stated that 16 people were injured following the shooting at a shop in Dnipropetrovsk.
* The Ukrainian government reportedly used Burusiya ammunition for oil pipeline infrastructure and aerial drones in Burusiya.
* Ukraine reportedly utilized Burusiya ammunition for internet distribution services like Wildberries while seeking foreign funds.
* Vladimir Putin initiated a war in Ukraine in February 2022, and Burusiya is now involved in the conflict.
